
Mbaye perezida buri mukobwa wese na buri mugore wese, sha namugira mwiza cyane agakundwa n’abagabo! Kwaheri no guhora barwana no kubagisha ibibuno byabo ngo bakunde bagire bya BIG NYAS! Mwa bakobwa mwe nabahindura uturabo twa burakeye! Ndabireba bikambabaza iyo mwibagisha!
Mu nyandiko zanjye zabanje nagiye mbagaragariza ko ubwiza bw’abakobwa ari ikintu gicurwa kikaremwa mu mitwe y’abantu! Niyo mpamvu uzasanga ku isi hose abantu badahuza ku cyo twiza ubwiza.
Nyuma yaho RPF ifatiye ubutegetsi kuberako yifuzaga gucuruza abakobwa, yashyize imbaraga nyinshi cyane mu kugaragaza ko umukobwa cyangwa umugore ubwiza bwe ari mu maso he n’amabuno ye gusa. Si ibyo gusa kuko RPF ikora kuburyo buri mukobwa wese abura akazi, ntashimwe, ntarongorwe, ntahabwe agaciro adafite ubwiza bwa RPF aribwo mabuno no mu maso! Ibyo nabyo ni ubwiza ariko ni agatonyanga mu bigize ubwiza n’uburanga bw’umukobwa!
Ese buri mukobwa namugira mwiza nte?
Abakobwa mu Rwanda njyewe nka perezida mbitayeho nkabashakira imyuga bamwe bakaba aba doctors, scientists, artists, singers, engeneers,professors….bose baba beza! Urampakanya se? Umukobwa wese ufite ubwenge, ufite akamaro, ufitiye igihugu akamaro abasore babona ari mwiza! Uzarebe noneho umukobwa iyo abaye umuhanzikazi uko bigenda, ahinduka igitangaza kabone niyo wabonaga utamuvugisha da!
Hanyuma kandi nakora ku buryo abana bagira imyaka 18 bakuze mu mutwe! Ubu mbona kubera ubugoryi bwadutse ari bwinshi abana bageza ku myaka 30 irenga batazi ikiza nikibi. Niyo mpamvu abagabo kenshi iyo bagize imyaka irenze 40-50 batangira kwicuza bibaza impamvu bagiye kurongora bagakurikira ubwiza bw’umubiri.
Kuki bigenda gutyo? Nibwo baba bakimara gukura bakamenya neza ubwiza bw’umukobwa bw’ukuri icyo bivuga. Ibi biba byaratewe nuko batarezwe neza kandi iyi ni ingaruka iri mu rubyiruko no mu bantu bakuze kuko ntabwo twitabwaho bihagije iyo dukura! Ibi byagombye kunyura mu mashuri ku buryo umwana agira imyaka 18 afite ubukure nkubw’umuntu ufite imyaka 40 bigatuma ashaka neza aho kurerwa na TV n’imico mvamahanga igamije kurimbura abato!
Ibi nabigeraho nkoresheje amashuri, ingando, utuzi, za TV na za Radio…ngaragaza abakobwa bafite imico myiza yubaka igihugu ndetse nabarimo gukora ibiteza imbere igihugu, nkabarata, nkabashyigikira, nkabahindura ibitangaza, bityo bigatuma abandi bakobwa bifuza kumera nkabo, kandi nanone bikabazamurira ibiciro mu rungano rwabo rw’abasore bigatuma bifuza gushaka babakobwa nahaye agaciro ndetse mbahindura ibitabangaza bitabashwa!
Ingaruka RPF ikora mu gihugu cyo kuba iha agaciro umukobwa ufite amannyo manini gusa nuko abasore bajya gushaka bakiruka bajya guterura ya mannyo, nuko bayageza mu rugo bagasanga nta kindi batunze mu ngo zabo uretse ayo mannyo nyine! Ingaruka niki? Ingaruka nuko ingo zisenyuka imburagihe nuko abana bagakura nta babyeyi. Ingaruka zo gukura nta babyeyi ndagirango murazizi? Nizo zibyara ibibi byose ubona ku isi! Harimo ubujura, ubwicanyi, ubugome, ubusambo…nawe komeza ubirondore umfashe!
Ariko ntihagire unyumva nabi! Umukobwa ashobora kugira amabuno meza ateye amabengeza, akagira mu maso heza, bigaragarira bose, ariko ikibazo aho kiri ni uguha ibyo bintu agaciro nuko kakamira ubwiza bundi bwose! Urabibona? Iyo bigenze gutya umukobwa wiyiziho ko ari mwiza ko byose abyjuje ahita ahinduka ikigoryi kuko yumva kurata ikibuno cye bihagije. Mbese uwo mukobwa aba yishwe. Ni nko kumutera icyuma agapfa!
Niyo mpamvu ubundi kera hakiriho uburere byaraziraga kubwira umukobwa ngo ni mwiza kubera iyo mpamvu! Ntuvuge ngo ni confidence cg kwigirira ikizere kuko umukobwa udafite ubwenge ntabwo confidence yayizanishwa n’ikibuno kuko anayigize twabyita ubugoryi! Mbese nubwira umukobwa ngo ni mwiza ashobora guita aba indaya kandi ari wowe ubiteye!
Ndagirango nkamwe niba muba mu bihugu byateye imbere ntabwo abantu baguha agaciro ngo nuko uri mwiza! Urugero naguha ni nko mu gihugu cya America kibamo abantu b’amoko menshi, ntabwo umunyamerika azaguha agaciro ngo nuko uri mwiza, ariko azabibona ko uri mwiza abibwire abantu ariko noneho akwegere arebeko hari ikintu kizima kiguturukamo!
Rero ibi bintu byateye by’ubwiza bikururwa na za TV, Internet, movies n’indirimbo, ba nyirabyo bagamije gutuma abana banyu babakobwa barwara agahinda gakabije ngo nta BIG NYASH bafite, ngo sibeza bihagije, ngo barabyibushye, ngo si inzobe…..kuko babereka ko nta kindi kintu kiza kiba ku isi nko kuba mwiza. INgaruka zabyo ni ukwibagisha ibibuno, amabere, kwitukuza…no guhora uhangayitse!
Ibi kandi ababizana ku isi iteka baba baziko abo bizagiraho ingaruka ari abirabura kuberako aritwe binjiji cyane kuri iyi si yose! Nujya ubona ikibi cyose cyadutse ku isi ujye umenya ko ba nyiri ukukizana bazi neza ko kizoreka abirabura kurusha andi moko! abirabura baba bashozwaho intambara ngo basenyuke burundu mu buryo utatekereza.
Yari Umugabo mu Bandi
Umusaza mu Basore!
Be the first to comment